Nonese Abanyarwanda bazongera bahindure Itegeko Nshinga nyuma ya 2034?





Kuwa kane tariki ya 17,Ukuboza, 2015 Mu Rwanda no kw’isi hose ahabarizwa imiryango y’abanyarwanda baramukiye  mu matora ya kamarampaka ‘Referendum 2016’ yari igamije guhindura ingingo y’101 y’itegeko nshinga ryu Rwanda ryashyizweho mu mwaka wi 2003 yabuzaga  perezida wa Repubulika Paul Kagame kongera kwiyamamariza indi manda kuri uwo mwanya nyuma ya  2017 ubwo manda ebyiri ateganyirizwa ni ryo tegeko nshinga zizaba zirangiye.

Muri aya matora, abatoye YEGO  babaye 98,3%, OYA bangana 1,7%;  abasabye ko haba kamarampaka  bavugaga ko bifuza ko bagumya kuyoborwa na Paul Kagame kubw’iterambere, umutekano, ubumwe n’ubwiyunge,… yagejeje ku banyarwanda.

Ubu Itegeko nshinga rivuguruye  ryemera ko  Perezida Kagame abishatse, ashobora kongera  kwiyamamariza uwo mwamya kuri manda y’imyaka 7, n’izindi manda 2, imwe y’imyaka itanu, bisobanura ko, Nyakubahwa Kagame aramutse abyemeye yagera mu mwaka wa 2034 ayoboye u Rwanda.

Mu ntego umuryango FPR-Inkotanyi wiyemeje harimo ubumwe,ubusugire n’umutekano, ubuyobozi bushingiye kuri demokarasi, iterambere,… aha rero ntawashidikanya ko iri shyaka rizakomeza muri uyu mujyo kandi rigakomeza guharanira kubigira byiza kurushaho rirangajwe imbere na Paul Kagame.

Abenshi mu basabye ivugururwa ry’ itegeko nshinga bavugaga ko aho igihugu kigeze ubu  babikesha  ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na  Kagame ndetse hari n’umwe mu bayobozi  wavuze ko abanyarwanda babuze Kagame barwara amaburakagame.

Aha umuntu yakwibaza ati none se ubwo muri 2034, abanyarwanda bongeye kugaragaza ko badashaka ko perezida wabo agenda bakimukunze bakongera bagahindura itegeko nshinga?

Mu 2034 Perezida Paul Kagame azaba afite imyaka 77, Muri Afrika byagaragayeko kuri iyi myaka abaperezida baba bagishoboye urugero ni nka Robert Mugabe uyobora Zimbabwe afite 92,  Paul Biya wa Cameroni afite 83, Abdelaziz Bouteflika wa Algeria, afite  79,…

Aba bose ubu bari k’ubuyobozi, barakunzwe n’abaturage babo kandi baracyashoboye mu baramuruta mu myaka yewe banapfuye ubu we akabaho kugeza  muri 2034  baba bakimuruta kuko ubu afite 59.

Nonese icyo gihe Abanyarwanda ni baramuka bakimubonamo ubushobozi bazongera bikorere ibiseke basabe ivugururwa ry’itegeko nshinga?

Twibukiranye ko amatora nk’iryo tuvuyemo atwara amamiliari y’amanyarwanda mu gihe igihugu nk’u Rwanda hakiri byinshi byo gukora nko guhangana n’amapfa ajya agaragara hamwe na hamwe n’ibindi.

Biranashoboka ko icyo abanyarwanda batumye inteko nshinga mategeko yabo ataricyo yabahaye kuko umubare munini basabaga ko Nyakubahwa perezida wa Repubulika ayobora kugeza igihe yumva ananiriwe.

Byaranashobokaga ko mu itegeko nshinga havanwamo umubare wa manda, tukamesa kamwe tukaba nk’ibindi bihugu byagiye muri uwo mujyo, kuko kurijyira uko rimeze uku bishobora gutanga icyuho kuwo ariwe wese  mu nyungu ze kurihindura akongera cyangwa akagabanya imyaka uko abyumva.

Kuva u Rwanda rwabona ubwigenge itegeko nshinga rimaze guhindurwa inshuro eshanu , muri 1962, 1978, 1991, 2003 ryongera kuvugururwa muri 2015 nyuma y’imyaka 12.



Ubu busesenguzi bwanditswe na KARANGWA Janvier

Nonese Abanyarwanda bazongera bahindure Itegeko Nshinga nyuma ya 2034? Nonese Abanyarwanda bazongera bahindure Itegeko Nshinga nyuma ya 2034? Reviewed by Karangwa Janvier on September 21, 2016 Rating: 5
Powered by Blogger.